Mpayimana Protais
Protais MPAYIMANA, ni Umuyobozi w’ Ishami Rishinzwe Gukora Igenamigambi ry’ Imijyi n’ Icyaro mu Kigo Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda. Afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 8 ari umuyobozi w’Ishami (Division Manager) rishinzwe ibijyanye no kunoza imikoreshereze y’Ubutaka mu Rwanda, ndetse n’ubundi bunararibonye bw’imyaka itatu (3) ari umwarimu muri Kaminuza. Protais afite impamyabushobozi y’ikiciro cya 3 cya Kaminuza mu masomo yo kubungabunga ibidukikije(Msc ), afite kandi impamyabushobozi y’ ikiciro cya 2 cya Kaminuza mu bijyanye n’Igenamigamibi no Gutunganya Imijyi n’Icyaro (Bachelor), ndetse akagira n’indi mpamyabumenyi yo kwigisha muri za Kaminuza n’amashuri makuru (PGCLTHE).
Protais afite inshingano zo gutunganya igishushanyombonera cy’ Igihugu, Ibishushanyombonera by’ uturere, ibishushanyombonera by’ imbitse bikorerwa k’ ubutaka bwagenewe guturwa, ndetse n’ ahagenewe ibindi bikorwa bitandukanye nk’ ubukerarugendo, ingano n’ ibindi, kwirinda ivuka ry’utujagari no gufasha mu kuvugurura utujagari mu miturire, ndetse no guteza imbere izamuka ry’ imijyi hagendewe ku gishushanyombonera cy’ imikoreshereze y’ ubutaka, aho azagira uruhare rukomeye mu kuzamura imijyi igatuza abanyarwanda bangana na 70% muri 2050 bavuye kuri 27,9% muri 2022.
Mbere y’ uko agirwa umuyobozi mukuru w’ ishami (Division Manager) rishinzwe imitunganyirize n’ imikoreshereze y’ ubutaka mu Kigo cy’ Igihugu cy’ ubutaka (NLA) ku wa 1 Mata 2021, yari asanzwe ari Umuyobozi Umuyobozi w’ Ishami (Division Manager) rishinzwe gutunganya no guteza imbere imiturire y’ icyaro mu Kigo cy’ igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA) kuva mu mwaka wa 2015 kugeza 2021. Kuva 2014 kugera 2015, akaba kandi yarahoze ari Umuyobozi w’ Agashami (Unity Director) gashinzwe Imiturire n’ ibikorwaremezo by’ Iterambere mu cyaro. Yabaye kandi Umwarimu wa Kaminuza nkuru ya Mount Kenya kuva muri 2012-2015, aho yigishaga amasomo ajyanye n’igenamigambi ry’ imikoreshereje y’ ubutaka ndetse n’ ibikorwaremezo, gukora amakarita hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse n’ ibyogajuru, gutunganya imijyi n’icyaro, kubungabunga ibidukikije n’ibindi. Kuva 2010 kugera 2012, Protais yari umukozi w’ Ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Umutungo Kamere (RNRA) ushinzwe gukora no gutunganya amakarita (GIS expert) biciye mu mushinga waterwaga inkunga na DFID.
Protais azwiho cyane kuba yaragize uruhare rukomeye mukuzamura igisata (field) cy’ igenamigambi mu Rwanda aho yafashije muguhindure imiturire n’ indi mikoreshereze y’ ubutaka bigakorwa bigendeye kucyo ubutaka bwagenewe gukoreshwa. Imbaraga ze zishingiye mu gukoresha ubumenyi afite mu igenamigambi, amabwiriza n’ amategeko abigenga ndetse akabihuza n’ icyerecyezo cy’ igihugu.
Ni Umuyobozi ufasha abakozi be mu gutunganya akazi kabo neza no kugera ku ntego zabo biciye mukubayobora neza, kubereka inzira nziza no kubashafa kugira umwuka mwiza haba mu kazi ndetse no hanze yako.
Imeyiri: Protais.Mpayimana@lands.rw